00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abagaba bakuru b’ingabo zo muri EAC bahuriye i Nairobi

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 21 February 2025 saa 06:37
Yasuwe :

Abagaba bakuru b’ingabo z’ibihugu byo mu muryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) bahuriye i Nairobi muri Kenya mu nama yiga ku mutekano wo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, ni umwe mu bitabiriye iyi nama yateguwe n’ibiro by’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Veronica Nduva, yabaye kuri uyu wa 21 Gashyantare 2025.

Ibiro by’ingabo z’u Rwanda (RDF) byasobanuye ko imyanzuro yafatiwe muri iyi nama izagezwa ku itsinda rihuriweho ry’abagaba bakuru bo muri EAC n’umuryango wa Afurika y’amajyepfo (SADC) ubwo rizahurira i Nairobi tariki ya 24 Gashyantare.

Ubwo abakuru b’ibihugu byo muri iyi miryango yombi bahuriraga i Dar es Salaam muri Tanzania tariki ya 8 Gashyantare, ni bo banzuye ko abagaba bakuru b’ingabo bazahura, bakaganira ku buryo imirwano izahagarara mu burasirazuba bwa RDC.

Byateganyijwe ko abagaba bakuru b’ingabo bo muri iyi miryango bazategura raporo y’uko iyi mirwano izahagarara, bakazashyikiriza ba Minisitiri b’ingabo bo muri iyi miryango, na bo bazayemeze.

Aba basirikare bahuye mu gihe imirwano ikomeje hagati y’umutwe witwaje intwaro wa M23 n’ihuriro ry’ingabo za RDC ikomeje mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Abagaba bakuru b'ingabo bo muri EAC bahuriye i Nairobi kuri uyu wa Gatanu
Iyi nama yitabiriwe n'abandi bo mu ngabo z'ibi bihugu
Banzuye ko imyanzuro yafatiwe muri iyi nama izagezwa ku bazitabira inama yo ku wa 24 Gashyantare

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .