Mu kiganiro na RBA, ACP Rutikanga yasobanuye ko ibi bitandukanye no mu ijoro rya Noheli no kuri Noheli nyirizina, kuko ho habaye impanuka zapfiriyemo abantu babiri.
Ati “Mu by’ukuri ntabwo twabura kuvuga ko umutekano wagenze neza cyane kuko nko mu ijoro rya Noheli na Noheli ubwayo habaye impanuka ebyiri gusa."
ACP Rutikanga yasobanuye ko iyo havuzwe impanuka, haba havugwa izikomerekeramo abantu cyangwa se bakabura ubuzima ndetse n’izangiza ibikorwaremezo.
Ati “Ntabwo navuga impanuka, aho imodoka zikozanyaho, bagapima, bakagenda. Ntabwo navuga impanuka y’umumotari wenda ukomye imodoka, akagwa, akabyuka, akagenda. Ndavuga za zindi zangiza ibinyabiziga, zangiza ibikorwaremezo, hagakomerekeramo abantu, ndetse abantu bakaburiramo ubuzima.”
Impanuka ikomeye yabaye ku Bunani ni iyabereye mu murenge wa Rusatira mu karere ka Huye, yakomerekeyemo bikabije abantu batanu, abandi 10 bakomereka byoroheje, ubwo imodoka ya Coaster yagonganaga na Pickup.
Kuva tariki ya 23 Ukuboza 2024 kugeza ku ya 1 Mutarama 2025, habaye impanuka zikomeye 14. ACP Rutikanga yasobanuye ko mu gihugu hose harimo 16 “bakomerekeyemo na bake baburiyemo ubuzima.”
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!