00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

#Umwiherero15: Amafoto y’abayobozi mu biganiro n’imyitozo ngororamubiri ku munsi wa mbere

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 February 2018 saa 12:00
Yasuwe :

Abayobozi barenga 300 bahagarariye inzego zitandukanye za Leta, abikorera n’imiryango yigenga bateraniye mu mwiherero w’iminsi ine mu Kigo cy’Imyitozo cya Gisirikare i Gabiro, biga ku bibazo byugarije Abanyarwanda, bashaka ibisubizo ku byagaragajwe baniyemeza kubishyira mu bikorwa.

Ku munsi wa mbere w’uyu Mwiherero wa 15 w’abayobozi, Perezida Kagame yasabye abayobozi gukorana bashaka umuti w’ibibazo bihari kuko bigaragara ko bizwi ariko ntibikemurwe, ku buryo usanga bigarukwaho buri mwaka.

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, we yatanze raporo ku ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro 26 y’umwiherero uheruka, aho yagabanyijwe mu bikorwa 62 by’ingenzi.

Yagize ati “Ku igenzura ryakozwe ku ishyirwa mu bikorwa, ibikorwa 51 bingana na 82% byakozwe ku kigero gishimishije hagati y’amanota 75%-100%; ibikorwa icyenda bingana na 15% byakozwe hagati y’amanota 50%-74%; ibikorwa bibiri bingana na 3% byakozwe ku kigero kiri hasi y’amanota 50%.”

Muri uyu mwiherero watangiye ku wa 26 Gashyantare kugeza ku ya 1 Werurwe 2018, hazaganirwa aho igihugu kigeze mu kwesa imihigo y’iterambere rirambye cyiyemeje; inkingi z’ibanze zizubakirwaho iterambere ryihuse; uruhare rw’iterambere ry’inganda n’imijyi no kunoza ubukungu; uburezi nk’umusingi w’ubukungu bushingiye ku bumenyi; guteza imbere serivisi z’ubuzima no kureba u Rwanda muri Afurika no mu ruhando mpuzamahanga.

Abayobozi baramukiye mu myitozo ngororamubiri

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri y’Imyuga n’Ubumenyingiro, Rwamukwaya Olivier n'Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo ushinzwe Gutwara Abantu n’Ibintu, Uwihanganye Jean de Dieu (iburyo) bakora imyitozo yo kwiruka
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y'Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Bizimana Jean Damascène muri siporo
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutaka n’Amashyamba, Musabyimana Jean Claude (iburyo) yari yambaye umwenda w'ikipe y'igihugu
Ambasaderi w'u Rwanda mu Burusiya, Mujawamariya Jeanne d'Arc
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Nyirasafari Espérance (ibumoso) n'Ushinzwe Impunzi n’Imicungire y‘Ibiza, Debonheur Jeanne d’Arc
Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney (ibumoso) muri siporo yo kwiruka ku munsi wa Mbere w'Umwiherero
Ambasaderi w'u Rwanda mu Budage, Igor Cesar (ibumoso) yari yitwaje agacupa k'amazi yo kunywa
Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y'u Rwanda ushinzwe Igenamigambi n'Imiyoborere, Dr Musafiri Papias Malimba, yakoze siporo ari kumva umuziki
Abayobozi bakuru b'igihugu bitabiriye Umwiherero bazindukiye mu myitozo
Abayobozi bakuru bananura imitsi muri siporo
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Munyakazi Isaac na Depite Mukama Abbas (bahagaze) bareba bagenzi babo bakora imyitozo yo kugorora umugongo no kurwanya inda
Bakora imyitozo mu matsinda...
Aba bahisemo kujya muri Gym banyonga igare, undi ajya kuri “tapis roulant” (Treadmill mu Cyongereza)
I Gabiro hari na Gym ku buryo abashaka guterura ibyuma badahezwa... ku ruhande ni Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali, Nyamulinda Pascal, akora imyitozo yo kubaka umubiri
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo ushinzwe Ingufu n’Amazi, Kamayirese Germaine (wambaye umupira urimo umuhondo) akoreshwa imyitozo yo kunanura ingingo
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Igenamigambi, Dr. Ndagijimana Uzziel, anyonga igare muri Gym y'i Gabiro
Umuyobozi w'Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko François, akora imyitozo yiruka kuri tapis roulant
Mu Kigo cya Gisirikare i Gabiro hari ahantu hagutse ku buryo abantu babona aho gukorera siporo
Buri tsinda riba ririmo umutoza ufasha abayobozi gukora siporo...
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Munyakazi Isaac, afasha mugenzi we kunanura umugongo
Umuyobozi Mukuru wa RTDA, Guy Kalisa (iburyo)
Perezida w'Urukiko Rukuru, Kaliwabo Munyantore Charles, ari mu myitozo ya mu gitondo
Abakora siporo yo koga nabo bahabwa umwanya...
Imyitozo ngororamubiri yatangiye gukorwa mu masaha ya mu gitondo

Perezida Kagame ni we wafunguye uyu mwiherero wa 15 w’abayobozi

Perezida Kagame aganira n'abayobozi bakuru b'igihugu barimo Minisitiri w'Ibikorwaremezo, James Musoni; Perezida w'Inteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena, Makuza Bernard; Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga, Prof Sam Rugege n'uw'Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w'Abadepite, Mukabalisa Donatille
Uhereye ibumoso: Guverineri w'Intara y'Amajyepfo, Mureshyankwano Marie Rose na Perezida wa Komisiyo yo gusubiza mu buzima busanzwe Abavuye ku rugerero, Mukantabana Seraphine n'abandi bayobozi berekeza mu cyumba cyabereyemo umwiherero
Madamu Jeannette Kagame akikijwe na Minisitiri wa Siporo n’Umuco, Uwacu Julienne (ibumoso) n'uw’Ubutaka n’Amashyamba, Tumushime Francine (iburyo)
Umwiherero witabirwa n'abayobozi bakuru mu nzego zose z'igihugu
Madamu Jeannette Kagame yari yicaranye na Minisitiri w'Umuco na Siporo, Uwacu Julienne (ibumoso) na Minisitiri w’Ubutaka n’Amashyamba, Tumushime Francine (iburyo)
Perezida Kagame yasabye abayobozi gufata iya mbere mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda ziba zaremejwe
Umukuru w'Igihugu yongeye gusaba ko umuntu wese utuzuza inshingano ze yajya abiryozwa
Perezida Kagame yavuze ko Umwiherero ari igihe cyo kwisuzuma ngo ibikorwa bijyane n‘ibyo igihugu cyifuza n’ibyo abaturage bategereje ku bayobozi
Uhereye ibumoso: Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Musoni James; Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille; uwa Sena, Makuza Bernard na Minisitiri wa Siporo n'Umuco, Uwacu Julienne
Perezida Kagame yavuze ko hari abayobozi bakuru b’igihugu badakorana
Perezida Kagame yabajije impamvu nta muyobozi urazira amakosa bahora basabira imbabazi mu Nteko
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Munyakazi Isaac na Dr. Mukabaramba Alivera, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage
Perezida wa Komisiyo y'Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry'umutungo wa Leta (PAC), Nkusi Juvénal mu bayobozi bitabiriye Umwiherero
Perezida Paul Kagame aganira na Minisitiri w'Intebe, Dr Ngirente Edouard mu muhango wo gutangiza umwiherero w'abayobozi bakuru b’igihugu i Gabiro
Umwiherero witabiriwe n'abayobozi basaga 300 bahagarariye inzego zitandukanye za Leta, ibigo biyishamikiyeho ndetse n’ibigo byigenga n’iby’ubucuruzi
Perezida Kagame yanenze abayobozi badakorana, ababaza niba bakeneye kwihitiramo ababungiriza
Uhereye ibumoso: Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga, Prof. Sam Rugege; Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo ushinzwe Gutwara Abantu n’Ibintu, Uwihanganye Jean de Dieu na Minisitiri w'Uburezi, Dr Eugène Mutimura mu mwiherero
Minisitiri ushinzwe Impunzi n’Imicungire y‘Ibiza, Debonheur Jeanne d’Arc, yinjiye muri Guverinoma y'u Rwanda umwaka ushize
Minisitiri w’Urubyiruko, Mbabazi Rosemary (ibumoso) na Minisitiri muri Primature ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri, Kayisire Marie Solange
Minisitiri w'Ubuzima, Dr Diane Gashumba ari gusoma; ku ruhande rwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Munyakazi Isaac ari kuganira na Dr. Mukabaramba Alivera, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille n'uwa Sena, Makuza Bernard mu Mwiherero
Umuyobozi w'Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Biruta Vincent
Perezida Kagame na Madamu na Minisitiri wa Siporo n'Umuco, Uwacu Julienne bari bafite akanyamuneza
Perezida Kagame aganira n'abayobozi bakuru b'igihugu barimo Minisitiri w'Intebe, Dr Ngirente Edouard; Minisitiri w'Ibikorwaremezo, James Musoni; Perezida w'Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w'Abadepite, Mukabalisa Donatille; Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga, Prof Sam Rugege na Perezida w'Inteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena, Makuza Bernard

Abayobozi bahuriye mu biganiro byo mu matsinda

Habaye ibiganiro byo mu matsinda, abayobozi bungurana ibitekerezo ku cyakorwa ngo bubahirize inshingano zabo bijyanye n'icyerekezo cy'igihugu
Ambasaderi w'u Rwanda muri Zambia, Monique Mukaruliza, ari kumwe na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Louise Mushikiwabo
Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali, Nyamulinda Pascal, aganira na Ambasaderi w'u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mukantabana Mathilde
Komiseri Mukuru w'Ikigo cy'Imisoro n'Amahoro, Richard Tusabe, atanga ibitekerezo mu biganiro byo mu itsinda
Ambasaderi w'u Rwanda muri Ethiopia, Hope Tumukunde (ibumoso) na Meya w'Akarere ka Gasabo, Rwamurangwa Stephen, mu biganiro byo mu matsinda
Ambasaderi w'u Rwanda mu Misiri, Sheikh Saleh Habimana, ari kumwe n'Umunyamabanga mu Nteko Ishinga Amategeko, Jeannine Kambanda
Abayobozi bagize umwanya w'ibiganiro mu matsinda

Habayeho ibiganiro bitandukanye byitabiriwe n’abayobozi batandukanye

Umuyobozi w'Umuryango urwanya ruswa n'Akarengane, Transparency International, Ishami ry'u Rwanda, Ingabire Marie Immaculée
Impuguke muri Politiki, Frederick Golooba-Mutebi ari kumwe na Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru, Gatabazi JMV
Umuvunyi Mukuru, Anastase Murekezi
Umuyobozi wa Komisiyo Ishinzwe Imikoreshereze y'Ingengo y'Imari mu Nteko Ishinga Amategeko, Nkusi Juvénal
Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru, JMV Gatabazi
Umukuru w'Urwego rw'Igihugu rw'Imiyoborere, Prof Shyaka Anastase

Amafoto: Village Urugwiro


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .