Muri iki gihugu, iyo umuntu yapfuye ntabwo hajya habaho amarira n’imihango yuje agahinda nk’uko ahandi henshi usanga bimeze, ahubwo abantu batwara isanduku irimo umurambo bari kubyina, bacuranga indirimbo zisanzwe z’ibirori, bizihiwe ku kigero cyo hejuru.
Aya mafoto yafatiwe mu Mujyi wa Bangui mu muhanda ugana ahitwa PK 15 aho Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu zashyize ibirindiro mu ishyamba. Agaragaza abantu bavanye umurambo mu bitaro bagiye kuwushyingura.
Bari biganjemo urubyiruko, bose bagenda mu muhanda babyina ku maso bagaragara nk’aho bahimbawe. Mu muco wabo, kujya gushyingura babyina, muri make bishimye ku maso ngo biba bigamije kwirukana imyuka mibi yaturuka kuri uwo muntu uba witabye Imana mu gihe cyose bamuherekesha amarira.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!