00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Muvandimwe wa Rayon Sports yibarutse nyuma y’amezi abiri asezeranye

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 11 Kanama 2021 saa 08:32
Yasuwe :

Umuryango wa myugariro w’ibumoso muri Rayon Sports FC, Muvandimwe Jean Marie Vianney, wibarutse umwana w’imfura nyuma y’amezi abiri we n’umugore we basezeranye imbere y’amategeko.

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu, ni bwo Muvandimwe Jean Marien Vianney n’umugore we, Umwari Rurangwa Irène uzwi ku izina rya Soleil, bibarutse imfura yabo y’umuhungu.

Soleil yibarukiye mu Bitaro Bikuru bya Polisi biherereye mu Murenge wa Kacyiru saa Munani z’ijoro.

Ku wa 22 Kamena 2021, ni bwo uyu mukinnyi n’umugore we bari basezeraniye mu Murenge wa Nyakabanda ho mu Karere ka Nyarugenge.

Muvandimwe yakiniye amakipe arimo Police FC yamazemo imyaka itandatu; yayigiyemo avuye muri Gicumbi FC aho izina rye ryamenyekaniye. Yigeze no guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu Amavubi.

Uyu myugariro w’inyuma ku ruhande rw’ibumoso, azakinira Rayon Sports nyuma yo kuyisinyira imyaka ibiri muri Nyakanga 2021.

Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Rayon Sports yibarutse imfura nyuma y’amezi abiri asezeranye
Baherukaga gutanga integuza y'umwana bitegura kwibaruka
Soleil yibarukiye mu Bitaro Bikuru bya Polisi biherereye ku Kacyiru
Ku wa 22 Kamena 2021, ni bwo Muvandimwe n’umugore we basezeraniye mu Murenge wa Nyakabanda
Umwari Rurangwa Irène uzwi ku izina rya Soleil yari aherutse kwerekana ko atwite

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .