00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Inkoko 10 zavuyemo butiki na resitora: Urugendo rwa Bizimana rwo kwikura mu bukene

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 25 February 2025 saa 04:21
Yasuwe :

Bizimana Joseph yahawe inkoko icumi zitera amagi nk’umwe mu baturage batishoboye, akajya ayagurisha kugeza aho ashinzemo butiki na resitora, bituma ava mu cyiciro cy’abatishoboye.

Uyu mugabo w’imyaka 42 atuye mu Mudugudu wa Kigarama mu Kagari ka Sovu ko mu Murenge wa Mugano mu Karere ka Nyamagabe. Afite umugore n’abana batandatu.

Yahawe inkoko icumi mu 2023 ubwo yatoranywaga mu baturage batishoboye bari bagiye kuzorozwa.

Izi nkoko yazihawe binyuze mu mushinga PRISM (Partnership for Resilient and Inclusive Small Livestock), wateguwe na Leta y’u Rwanda ifatanyije n’Ikigega Mpuzamahanga giteza imbere ubuhinzi n’ubworozi, IFAD, binyuze muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi na RAB.

Bizimana avuga ko mbere yo guhabwa izi nkoko, yabanje guhabwa amahugurwa atandukanye yamufashije mu kuzikurikirana neza umunsi ku munsi, ari na byo byatumye zimuha umusaruro.

Ati ‘‘Zateye amagi ndabanza ndihaza njye n’umuryango wanjye, ubundi andi ndanayagurisha ntangira kubona inyungu. Natangiye gutekereza ikindi kintu nakora mu mafaranga nakuye muri ya magi mbona ko nashingamo undi mushinga wamfasha mu kwikura mu bukene.’’

Bizimana avuga ko amagi yayagurishije agakuramo ibihumbi 35 Frw, agurisha amasake atatu yari afite ibihumbi 45 Frw, biba ibihumbi 80 Frw yongeraho ibihumbi 50 Frw aba ibihumbi 130 Frw, ari nayo yatangiranye umushinga wa resitora.

Nyuma yaje kugana ikimina aguzamo andi mafaranga ibihumbi 100 Frw yatangije butiki yunganirwa na resitora.

Kuri ubu Bizimana avuga ko atakibarizwa mu baturage batishoboye kuko asigaye afite butike irimo ibicuruzwa bitandukanye bikenerwa na benshi, ari na byo akuramo ibyo yifashisha muri resitora ye bikamufasha kwiteza imbere.

Nyuma y’umwaka umwe, butike ye na resitora bifite agaciro k’ibihumbi 950 Frw. Ibi bigira uruhare mu kwivana mu bukene, guhangana n’imirire mibi mu bana be batandatu.

Ku bijyanye n’ubworozi bw’inkoko, yavuze ko atigeze abureka kuko na n’ubu acyorora inkoko zimufasha ku kuba umuryango we ubona amagi yo kurya ndetse n’ayo acuruza muri butiki.

Kuri ubu Bizimana avuga ko afite intumbero zo gukomeza kwiteza imbere, aho ateganya kugura inka ndetse akanagura butike ye ku buryo yaba umwe mu baranguza abandi bacuruzi ba bagikora urugendo bajya kurangura.

Kugeza ubu imiryango ibihumbi 26 imaze guhabwa amatungo magufi ayifasha mu kwiteza imbere binyuze mu mushinga PRISM. Iyi miryango harimo ibihumbi 14 yahawe inkoko, indi ikaba yarahawe ihene, ingurube n’Intama.

Bizimana Joseph yiteje imbere ahereye ku nkoko 10
Bizimana Joseph amaze kugera ku mutungo abarira ku bihumbi 950 Frw
Bizimana Joseph witeje imbere ahuza resitora na butiki mu gukomeza kwikura mu bukena

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .