Igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyamanuwe


Yanditswe kuya 1er-08-2012 - Saa 07:09' na Kagenza C.

Minisiteri y’Inganda n’Ubucuruzi yatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatatu tariki 1 Kanama 2012, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyagabanutse, aho igiciro cya lisansi cyari ku mafaranga 1030, igiciro fatizo cyayo cyashyizwe ku mafaranga 970, kimwe n’icya mazutu nacyo byatangajwe ko kitagomba kurenza aya mafaranga, mu gihe mazutu yo yari isanzwe igurishwa ku mafaranga 1000.

Ibi biciro bishya ni byo bigomba gukurikizwa mu Mujyi wa Kigali hose, naho hanze ya Kigali bikaba byagenda byiyongera bitewe n’urugendo ruri hagati y’aho icururizwa n’Umujyi wa Kigali.

Iri manuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko ritewe ahanini n’imanuka ry’ibiciro bya peteroli ku rwego mpuzamahanga ryakomeje kuba kuva mu mezi abiri ashize.

IBITEKEREZO
ahahahha, ndatangaye pe !! hanyuma ndashaka kubabwira mwese ko ibui biciro ari tekiniki ya leta kubera ko ibintu bimeze nabi muri iyi minsi ahanini bitewe n'ibibazo twifitiye mu nkunga amahanga yaduhaga, icya mbere leta yasanze iramutse yongereye ibiciro bya peterolio directement byaba bibi mu bantu bakabona ko u Rwanda rwagezweho n'ingaruka, icya kabiri Leta yacu irashaka kuzazamura igiciro gikakaye mu minmsi izaza noneho abantu bakagira urujijo rwinshi cyane, injiji zikavuga ngo none se ko yari yarakigabanije bigenze gute ?!!! hahahahahahah muzambwira dore aho nibereye ndi UMUSESENGUZI utabangama, ikindi mbona nuko umunsi ibiociro byazamutse bya Peteroli, abacuruza ibitoro mufite ibibazo ku misoro mwatanmgaga, muzaba mureba kandi,ibui byose ni siyasa mwa bantu mwe.
Musubize2.08.2012 saa 05:24
UMUSESENGUZI
Reka dusabe RURA gushyiraho n'ibiciro by'ingendo twari dushize rwose.
Musubize1er.08.2012 saa 08:54
ijeki
Turishimye kabisa kubona ibiciro bya mazutu na risansi, nibigaragaza ko abayobozi baba bari maso nibakomereze aho kuko nibyo kurya bizagabanuka Bravooooooooooo !
Musubize1er.08.2012 saa 08:35
bosco
Byari byo arikose bizamara igihe kingana iki n'ubu wakumva byazamutse noneho bikanarenga aho byari biri mbere nzabishima bimaze kabili !
Musubize1er.08.2012 saa 08:05
kajisho
RURA ureke ibintu byo guterwa ubo woba n'aba transporteurs no guhengamira kuruhande rwabo. ariya mafranga yagabanijwe ni menshi kuburyo n'ibiciro byingendo bigomba kugabanuka. erega namwe mubikora mufite inyungu ko bimanuka kuko ni public utility kandi bigira ingakurka kuri buri muntu akenera public transport cg atayikenera. therefore please try to convince your leaders who are some how compromised by the transport operators.
Musubize1er.08.2012 saa 06:38
nkundigihugu
Reka ngire ngo ni Bon..... Cong kubabishinzwe
Musubize1er.08.2012 saa 05:40
c
Ndanezereweeeeeeeeeeeeeeeee, murakoze bayobozi bacu, nimukomereze aho.
Musubize1er.08.2012 saa 04:43
Soso
Twizere ko n'ibiribwa nabyo biraza kugabanuka ibiciro kuko ku isoko birahenze pe !
Musubize1er.08.2012 saa 04:30
karorero
Tujye tumenya gushima : Iyo igiciro kiba cyazamutse hano haba hariho comments nyinshi cyane zivuga ko ibintu bicitse ! Ariko mundebere wagirango ntacyo bibwiye abantu.
Musubize1er.08.2012 saa 03:54
Kal
ni byiza ko ibikomoka kuli petrol byagabanutse na RURA nigabanye ibiciro byingendo
Musubize1er.08.2012 saa 03:42
augustin K.
ni byiza ko ibikomoka kuli petrol byagabanutse na RURA nigabanye ibiciro byingendo
Musubize1er.08.2012 saa 03:42
augustin K.
nta cyoroshye kirimo ahubwo biteye ubwoba. kimwe mu bintu byerekana ko ubukungu bw' igihugu buhagaze neza ni uko ibiciro bidahinduka PRICES STABILITY ni akazi gakoomeye ka central bank kandi ibyo tubona nuko ibiciro bitari stables na gatoya. bipfira he ?
Musubize1er.08.2012 saa 03:20
komera
twizere rero ko n'ibiciro by'ingendo biri bworoshywe ?
Musubize1er.08.2012 saa 02:56
m.penzi
Ni bon !
Musubize1er.08.2012 saa 02:37
Zoro
Reka twizere ko bizakomeza uwo murongo dore ko atari kenshi twumva igabanuka ry'ibiciro. Twizera Leta yacu.
Musubize1er.08.2012 saa 00:58
citoyen
Ni byiza cyane ngaho rero n'ibiciro ku masoko nibiganuke.
Musubize1er.08.2012 saa 00:41
RUGERO PATRICK
Nuko nuko murakabyara, murakarama nimukomereze aho ! Ariko RURA nayo yarikwiye kureba uko ibyitumanaho baherutse gukora byasubirwamo aho umuntu uri hanze niba aguhamagaye utuunite twawe tukagenda. Ariko niba bifitanye isano n umutekano w igihugu nisubiyeho nta kindi narenzaho kuko usumba byose !
Musubize1er.08.2012 saa 00:39
rukaka

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!