Huye : Ubuyobozi bw’akarere ntibuvuga rumwe n’uruganda rwa Rwabuye mu gutonora umuceri


Yanditswe kuya 31-01-2013 - Saa 11:25' na Olivier Rubibi

Umuyobozi w’uruganda rwa Rwabuye Rice rutonora umuceri mu Karere ka Huye Gakwaya Gilbert, avuga ko nta muturage wo mu gishanga cya Mwogo ukora ibilometero 15 ajya kugurisha umuceri ; ibi bikaba bivuguruza ibiherutse gutangazwa n’umuyobozi w’aka karere Kayiranga Muzuka Eugène avuga ko hakenewe izindi nganda.

Inyubako z'uruganda rwa Rwabuye Rice

Gakwaya aratangaza ibi nyuma y’aho Muzuka agaragarije Minisitiri w’Intebe Dr Habumuremyi Pierre Damien imbogamizi abahinzi bo mu gishanga cya Mwogo bahura na zo mu kugurisha umusaruro w’umuceri ; aho ngo bakora ibilometero 15 bajyana umuceri ku ruganda rwa Gikonko. Hari mu nama yabereye i Kigali ku wa 25 Mutarama uyu mwaka.

Muzuka yavuze ko Akarere ka Huye gafite umuceri mwinshi, ariko hakaba habura inganda zo kuwutunganya.

Gakwaya avuga ko ibi byose umuyobozi w’akarere yavuze atari byo. Avuga ko nta muturage ukora ibi bilometero ajya gushaka aho agurisha umuceri, kuko uruganda rufitanye amasezerano n’amakoperative y’abahinzi b’umuceri bakaba bajya kwivanirayo umuceri.

Akomeza avuga ko n’umuceri utabaye mwinshi nk’uko umuyobozi w’akarere yabitangaje, kuko uruganda rwa Rwabuye Rice rutonora umuceri ungana na toni 60 ku munsi nyamara bakaba babona toni 41 iyo umuceri wabaye mwinshi. Ati “Umuceri ni muke ugereranyije n’umusaruro w’abaturage.”

Rwabuye rice bavuga ko bakira toni 60 z'umuceri ku munsi

Gakwaya avuga ko uruganda rukorana neza n’abahinzi b’umuceri bo mu Karere ka Huye kuva kera, gusa ngo bakaba barigeze guhagarika kugurira abaturage babisabwe na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda.

Uku guhagarara byabaye kugira ngo hakorwe igenzura ry’inganda zakoraga nabi mu gukoresha imashini zangiza umuceri. Nyuma y’iri genzura ariko Rwabuye Rice rwongeye kwemererwa kongera kugurira abaturage umuceri.

Gakwaya avuga ko atazi impamvu umuyobozi w’akarere yavuze ko umusaruro wabaye mwinshi mu gihe inganda ari nke, nyamara ngo yari azi neza Rwabuye Rice ndetse azi neza ko n’umusaruro rwakira ari muke ugereranyije n’ubushobozi rufite.

Ibi byatumye tuvugana n’umuyobozi w’Akarere ka Huye, atubwira ko uru ruganda aruzi neza ; ariko avuga ko ibyo avuga ari ukuri umuceri ari mwinshi cyane ugereranyije n’inganda ziri muri aka karere.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye yatubwiye ko ibyo abayobozi b’uru ruganda bavuga atari ukuri, kuko ngo rudafite ubushobozi bwo kwakira umuceri wose wera mu Karere ka Huye. Yatubwiye ko muri aka karere hera nibura toni 300 z’umuceri buri gihembwe cy’ihinga, uyu muceri akaba asanga ari mwinshi ku buryo ukeneye izindi nganda.

Umuyobozi w'Akarere ka Huye avuga ko hari umuceri mwinshi ukeneye izindi nganda

Muzuka akomeza avuga ko ubu bakangurira abantu bose bibumbiye mu makoperative y’abahinzi b’umuceri muri Huye kwishyira hamwe bakiyubakira uruganda rwabo, aho kugira ngo bajye basiragira bashaka aho bagurisha umuceri.

Mu kiganiro twagiranye na bamwe mu baturage bibumbiye mu makoperative ahinga umuceri badutangarije ko ubwabo umusaruro wabo ari muke ugereranyije n’ubushobozi bw’uruganda rwa Rwabuye.

Gusa hari n’abandi bemeza ko i Huye hera umuceri mwinshi ku buryo uru ruganda rutawutonora rwonyine. Mugabo Daniel wagiranye amasezerano n’uru ruganda, yadutangarije ko n’ubwo koperative arimo yagiranye amasezerano n’uruganda rwa Rwabuye yo kubagurira umuceri bo bonyine badashobora kuruhaza, yongeraho ko ariko na rwo rutabasha kwakira umuceri wose wera mu Karere ka Huye.

IBITEKEREZO
Muraho basomyi, gye ikyo mbona nuko umuyobazi adafite abatekinicien bamufasha gkora anarize. Niba kandi baramugiriye inama akayirengagiza cyaba ari kindi kibazo.
Musubize12.02.2013 saa 06:25
umusomyi
Ngendeye kubyo abatekinisiye bavuga, biragaragara ko niba hahingwa hegitari 1500 , toni 300 ari koko izi igishanga kimwe. Dufashe toni 8700 zera muri saison imwe, URUGANDA rwa RWABUYE rwazitonora mu mezi 4.5 ; ya mezi 2 yifuzwa ntibyashoboka. MBAGIRE INAMA nkumuntu umenyere iby'inganda, imiceri n'imikorere y'amabanki ndetse n'abahinzi b'umuceri. GAKWAYA ni yegere ubuyobozi bw'akarere ka HUYE ; baganire. AKARERE ntigakwiye gukomeza gushyigikira igitekerezo cy'inganda nyinshi. Kuko zizana imikorere mibi, kandi zigakora zihomba. Muzasure AKARERE KA RUSIZI, mu gishanga cya BUGARAMA harimo inganda zirenze 5 kandi nabo bafite ha 1500 gusa bo beza umuceri mwinshi kuri HA ; moyenne ni 8T/ha. Buri sarura biba ari intambara. Nyamara wagera I GIKONKO ugasanga baratuje. Kubera UNION IMWE, URUGANDA RUMWE. Naho muzahasure maze muganire na UNION, muganire na ICM . Muzarebe ikiza mwakora cyazamara igihe aho gushyiraho système ishobora gusenyuka no guhombya abashyizemo udufaranga twabo. Igishoboka ni ikihe ? AMABANKI uko akora, akorana n'umuntu umenyereye umurimo agiye gushyiramo amafaranga, ubufitiye ubunararibonye. Gufatanya inganda n'abahinzi ni byiza ntako bisa. Gusa 40% y'abo itinda kuboneka, muzabaze MINAGRI ibya KANYONYOMBA muri GATSIBO na KIBAYA CYUNUZI muri KIREHE. Gakwaya wenyine cyangwa afatanije n'abandi , umwe cyangwa 2(byaba byiza)bashake 60% , abahinzi 40% bagure uruganda rufite imbaraga hagati ya TONI 5 na TONI 8 ku isaha. Nkuko UCORIBU yabikoze na ICM i GIKONKO, abahinzi nabo bashake ayabo. Ubwo ariya makoperative ahinga ziriya HA 1500 yakora UNION ; UNION DES COOPERATIVE RIZICOLE DE HUYE ; ( UCORIHU) maze bakusanyirizemo 40% yabo. Bitewe naho baba bageze, andi bayavana muribanki, agizwe n'ayo Kwagura amazu, STOCK, imbuga, Fonds de roulement yo kugura umuceri, kugura imashini nshya nziza ikomeye kuko izajya ikora amasaha menshi. Mu gusoza, hagati ya FORMULE RUSIZI na FORMULE GIKONKO, nabahitiramo GIKONKO kuko inganda iyo ari nyinshi zikora zihomba , zikishyuranabi, amabanki agahora mu byo guteza cyamunari, uruguze nawe bikaba uko, cyane ko muri iki gihe KUBONA BUSINESS YUNGUKA BIRAGORANYE. Mureke kugendera kuri Sentiments, ibyo mwaba mupfa niba bihari mushyire kuruhande. Ahandi nka TANZANIA hano muri Karagwe HA 3000 ni uruganda rumwe. Biranoroshye kuko mbona ku ifoto RWABUYE ifite aho bahera , batagombye gutangira inyubako bundi bushya.
Musubize2.02.2013 saa 02:12
GAT
Very good ! Nta kuntu washyiraho contacts zawe ko hari benshi bashaka gushora imari mu buhinzi bakenera inama zawe nk'inararibonye ? Thanks
5.02.2013 saa 07:31
Kagina
ndagirango nsabe uwo nahaye amakuru kuvuguruza ibyo yanditse kumuyobozi w,akaw'akarere kuko toni 300 ninjye wazimubwiye ko zera mugishanga cya rusuri mbereye manager. Naho ibishanga byose bya huye byera toni nyinshi kandi simpamya nkuko nabimubwiye ko uruganda rwa gakwaya rwawushobora. Murakoze ni daniel ndi manager w, abahinzi bakorera mugishanga cya rusuri.
Musubize1er.02.2013 saa 07:47
ntiyamira daniel
ibyo umuyobozi yavuze ni ukuri kuko uruganda Rwabuye rice ntabushobozi rwabona bwo gutunganya umuceri wo mu karere ka HUYE akarere ka huye gafite ibishanga bihinga umuceri bingana na 1500 HA/season kd ha yere 5 tones,tone 300 umuyobozi avuga nizo muri zone uruganda rurimo ntabushobozi rufite bwo gukora toni 7500 kuri season kuko uyu mucri ugomba kuba watunganyijwe mu mezi nibura 2 kd ubushobozi bwarwo turabuzi.
Musubize1er.02.2013 saa 06:10
mutwarasibo cyprien
ibyo umuyobozi yavuze ni ukuri kuko uruganda Rwabuye rice ntabushobozi rwabona bwo gutunganya umuceri wo mu karere ka HUYE akarere ka huye gafite ibishanga bihinga umuceri bingana na 1500 HA/season kd ha yere 5 tones,tone 300 umuyobozi avuga nizo muri zone uruganda rurimo ntabushobozi rufite bwo gukora toni 7500 kuri season kuko uyu mucri ugomba kuba watunganyijwe mu mezi nibura 2 kd ubushobozi bwarwo turabuzi.
Musubize1er.02.2013 saa 06:10
mutwarasibo cyprien
Ngirango ushaka kumenya neza umuceri wera mukarere ka Huye yaza mu biro bishinzwe ubuhinzi No 206 akabigezwaho,ariko nanone kwihandagaza ukavuga ko umusaruro w'umuceri uhingwa mu karere ka Huye wose wawutunganya ngirango waba ubeshye abanyarwanda kuko kuri hegitare zigera ku 1500(ha) zihingwa buri gihembwe cy'ihinga,unazirikana ko tugira ibihembwe bibiri buri mwaka wanatekereza umusaruro uva kuri hegitari ungana na toni 5.8 (5.8t/ha) ngirango abazi gukuba babona umusaruro tubona buri gihembwe na buri mwaka,wagereranya rero n'uwo utunganya buri munsi uzirikana ko byibura isarura rimara ukwezi kumwe,ngirango uwo musaruro ntiwaba uwutunganyije nubwo ntizerako nizo toni wavuze uzitunganya.Nkaba nanzura mvuga ko rwose Umuyobozi w'Akarere atibeshye avuga ko hakenewe uruganda rutunganya umuceri kandi abahinzi bo ubwabo bafitemo imigabane byibura 40% nkuko amabwiriza ya MINICOM abitubwira.Ngirango habaho kutitiranya toni 300 Daniel yeza mugishanga kimwe akazigemurira urwo ruganda na toni zirenga 8000 zera buri gihembwe cy'ihinga mubishanga by'Akarere ka Huye.Ibi mbivuze nk'umu technicien ubizi kandi ubifitiye ubumenyi.
Musubize1er.02.2013 saa 05:21
Aimable Nsengiyumva
Uyu musaruro wa Toni 300 ni mucye cyane cyereka niba uyu muyobozi yibeshye ari Toni 3000 kuri Season. Uruganda rumwe rurahagije, emwe narwo uyu musaruro ni mucye cyane ! Nibashyire ingufu mu kongera ubuso buhingwa umuceri !!!!!!!!!!!!
Musubize1er.02.2013 saa 04:16
sabana
Uki kibazo Service za Ministre w'Intebe ndabona arizo zaduha amakuru nyayo ariko nabo bakamanuka mu abaturage bakibariza abo boreba
Musubize1er.02.2013 saa 03:19
Musore
Ndabona imibare ya Muzuka Mayor wa Huye igomba kuba itari myinshi.abaturage bateranye frw bamugurire akamashini ko kubara naho ubundi aradusebya.
Musubize1er.02.2013 saa 02:07
ndabagaye
Aba bagabo bombi se murumva nta kindi kintu kihishe hagati yabo ? Umenya uriya muyobozi w'uruganda ataregereye mayor ngo amwongorere yitonze maze ngo arebe ko izo nganda zindi zitibagirana ? Erega hanze aha ntibyoroshye kandi abantu biki gihe mujye mwibukako Atari ihene ngo barishe ubwatsi.
Musubize31.01.2013 saa 22:32
Makanika
Ngaho ! Nk'uyu muyobozi se, uwamusaba kujya kwiga imibare yo muri 9yBE ikigoroba yaba akosheje ? Ese nk'ubwo Leta igendeye kuri report ye igashora frw mu rundi ruganda, icyo ghombo cyazirengerwa nande ? Gutekinika bibi rwose, twisubireho
Musubize31.01.2013 saa 16:48
Mugasa
Iki kibazo cy'aba bagabo ndumva n'umwana yagikemura. Umuyobozi w'akarerere aravuga ko beza toni 300 mu gihembwe cy'ihinga. Umuyobozi w'uruganda ati dufite ubushobozi bwo gutonora toni 60 ku munsi nukuvuga ko umusaruro wose w'akarerere wawutonora mu minsi 5. Ubwo se bakeneye urundi ruganda rwo gukora iki. Noneho ejo Huye izihandagaza ivuge ko umuceri wabo bagomba kuwushakira isoko mu Bushinwa ko miliyoni 11 z'abanyarwanda ari nke ugereranije n'ubwinshi bwawo !!!
Musubize31.01.2013 saa 11:00
John
Nabwo toni 300 ku mwero ari umuceri mwishi kuko niba batonora toni 60 ku munsi ubwo toni 300 (300000kg) bazitonora mu minsti itanu gusa.
Musubize31.01.2013 saa 10:23
noticed
Ni ukuvuga ko abo bayobozi bombi badahana amakuru. Hanyuma ngo abaturage ntibagira guteee. Bose barashaka amanota batekinika ibisubizo. Mushyireho abavugisha ukuri. Si mu muceri gusa....
Musubize31.01.2013 saa 09:12
Kimya
Ubuyobozi nibwegere banyiri ururuganda barufashe gukorana n'abahinzi b'umuceri kuko gushyiraho inganda nyinshi zitazabona umusaruro uhagije bizatera igihombo kuri bose (kubaka uruganda bitwara imari nyinshi kandi twibuke ko umuceri uboneka ku mwero gusa).
Musubize31.01.2013 saa 05:43
umusomyi

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!