U Rwanda rugiye gutangiza ubufatanye na Leta ya Karnataka mu bukerarugendo


Yanditswe kuya 8-06-2012 - Saa 17:29' na TURIKUMWE Noël

Nk’uko byatangarijwe mu nama yahuje abashoramari y’uyu mwaka wa 2012 (Global Ivestors Meet), ngo mu gihe gito u Rwanda ruraba rutangiye amasezerano y’ubufatanye na Leta ya Karnataka.

Uhagarariye u Rwanda mu Buhinde Williams Nkurunziza yatangarije Ikinyamakuru Deccan Chronicle, ngo ubu bufatanye buzajyaho mu rwego rwo kuzamura ubukerarugendo mu bihugu byombi.

Nkurunziza kandi yavuzeko u Rwanda rwishimiye gufatanya na Karnataka mu bukerarugendo. Yagize ati : “ Tuzohereza abakerarugendo bacu muri Karnataka babone bimwe mu murage w’iki gihugu babonereho no kubabwira bimwe mu bikurura abanyamahanga baza mu Rwanda harimo imsozi igihumbi, ibirunga n’ingagi zibituyemo.

Ngo ibiganiro byaratangiye hagati y’izi Leta zombie, ndetse Karnataka yohereje abantu gusura u Rwanda. Ambasaderi ati : “Kugeza ubu turi kubona ubufasha bukomeye bwa Leta ya Karnataka ndetse n’amasezerano arasinywa vuba”.

Mu rwego rwo rwo korohereza abakerarugendo Nkurunziza yavuze ko visa zizajya zitangwa bitagombye guca mu nzira nyinshi, n’ingendo zarorohejwe kuko indege zizajya ziva Dubai zigera i Kigali ziraboneka.

Karnataka ni Leta iba mu majyepfo y’Ubuhinde isanzwe ifitanye ubufatanye na Leta y’u Rwanda mu byerekeye ubuvuzi, amashuri, mu buhinzi bw’umuceri, basangira inzobere mu by’ikoranabuhanga none bagiye gutangiza n’ufatanye mu bukerarugendo.

IBITEKEREZO
Baragoye k abantu batandukanye bumva ibintu kimwe gusa jye utuye muri leta ya Karnataka mumujyi mukuru wayo(Bangalore) nsanga uyu his excellence ari umukozi ubishoboye urebye uburyo yitanga mukazi tunibuka ko afite akazi kenshi ntekereza ko karenze ubushobozi bwe kuko ahagarariye u Rwanda muri : India,Srilanka,Bangladesh na Myanmar.
Musubize9.06.2012 saa 11:51
Kaka fils nz
kuvuga ukuli ntibyica gukora nibintu ashoboye ,igitekerezo cyo gufatanya muli tourism ni kiza kandi byadufasha no kwerekana ko abatubeshyera bafite izindi nyungu zabo
19.08.2012 saa 05:38
patrick
uy'umugabo ni umuntu mwiza ndamuzi, ategeka RIEPA. Niba abo bashoramari baza mu rwanda bagasanga byose bihenze, amazi ahenze, ururiro sinakubwira, bahita bigira Kenya aho bihendutse, muge mubanza gusaba information, mbere yo guharabika abantu
Musubize9.06.2012 saa 07:15
cl
Good Williams. Urakora akazi keza cyane. Ibyo ukora abanyarwanda turabizi cyane. Mugihe gito umaze muri India abanyarwanda bamaze kunguka byinshi cyane. H.E Paul Kagame areba kure cyane we wagushinze iyo mirimo itoroshye nagato. Aabavuga bo ntibashira ivuga, ariko ntabwo uburakari bw'urukwavu bubuza ishyamba gushya. Investors baraza ubutitsa baturutse muri India, rwose tukur'Inyuma, rwana kigabo, Imana iguhe imbaraga, ubwenge, n'ubushishozi bwo gukora neza ibyo ushinzwe. Uri umuntu w'Umugabo cyane, inyangamugayo, umudiplomate mwiza n'Ibindi byose. God bless u so much.
9.06.2012 saa 16:39
hosten@yahoo.com
sha uyumugabo ni ibikabyo gusa arasinyisha abahinde ariko nta suivi abakorera akuramwo aye ubundi akigendera ndamuzi cyane ubaze ibintu amaze gusinyisha abahinde ni 4 ariko se ibimaze gukora nibingahe akuramwo aye akigendera ndamuzi sana
Musubize8.06.2012 saa 16:16
ii

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!