Iyaba nagombaga kwiyita izina risobanura icyo ngamije kuba cyo n'umutima wanjye wose, nakwiyita: " u Rwanda rwunzwe na Kristu" -Kizito Mihigo
MIHIGO Kizito ni umuhanzi w'umunyarwanda, yavutse kuwa gatandatu, tariki ya 25 Nyakanga 1981, avukira i Kibeho, umwe mu mirenge y'icyahoze ari perefegitura ya Gikongoro mu Ntara y'Amajyepfo.
Ababyeyi ba MIHIGO Kizito, ni BUGUZI Agusitini na ILIBAGIZA Palasidiya.
Amaze kugira imyaka icyenda, MIHIGO Kizito yatangiye guhimba uturirimbo tw'abana, twavuga nk'iyo yise NI NDE MUGABO N'EJO. Iyo ndirimbo abenshi bayifataga nka byendagusetsa, dore ko ibyavugwagamo ntaho byari bihuriye n'izina ryayo. Mu bitero byayo, yaririmbyemo imodoka nziza yo mu karere bari batuyemo, hanyuma akavugamo n'ibyo yabonye ku manywa.
Indirimbo ye yamuhaye kumenyekana, yayihimbye ageze muri Seminari ntoya Virgo Fidelis ya Karubanda i Butare, aho yinjiye afite imyaka 13.
IMBIMBURAKUBARUSHA, kugeza ubu niyo yamenyekanye kurusha izindi, yamuhesheje igihembo cya mbere mu irushanwa ry'igihugu ry'amakorali, ituma kandi ahabwa uruhushya n'ubushobozi byo kuza kwiga Muzika mu mashuri kabuhariwe y'i Burayi.
Iyi ndirimbo ivuga ibigwi by'u Rwanda yakunzwe n'abanyarwanda b'ingeri zose, cyane cyane mu bihe by'amatora ya Perezida wa Repuburika, mu mezi ya Nyakanga, Kanama na nzeri y'umwaka w'2003.
Nyuma ya g駭ocide yo muri 94 yahitanye benshi mu muryango we, umuhanzi Mihigo yiyemeje kuririmbira Imana. Kuva mu mwaka w'2003 mu buhanzi bwe, Mihigo yakoze ibikorwa byinshi ku mugabane w'Uburayi, bigamije guhuza no kunga abanyarwanda bahatuye, akaba ari no mu bantu batanu bashyize amanota mu ndirimbo yubahiriza igihugu Rwanda Nziza.
Byakusanijwe na Tuyishime Aimable