Uyu ni umunsi w’amateka uzahora wibukwa n’inshuti n’abo mu miryango ya Manzi James na Amy Blauman nyuma y’imyaka itanu y’urukundo rudashira hagati y’aba bombi.
Ni wo munsi bagomba guhamya isezerano ry’urukundo rwabo imbere y’Imana n’abantu.
Ibi birori biri kubera mu Mujyi wa Rubavu ahitwa Hakuna Matata Lodge and Restaurant. Byitabiriwe n’ab’ingeri zitandukanye nyuma y’akavura kabyukiye ku muryango mu bice bitandukanye by’intara y’Uburengerazuba.
Abo mu muryango wa Blauman bamaze iminsi i Rubavu aho bari kumwe na Humble Jizzo na bamwe mu bo mu muryango we, mu gihe inshuti n’abandi bavandimwe bo bari kugenda bagera ahabereye ibirori.
Abahanzi bari mu baje gushyigikira mugenzi wabo barimo Lion Imanzi uraba ari umusangiza w’amagambo, Riderman nawe waharaye, Deejay Pius, Muyoboke Alex n’abandi batandukanye.































Amafoto: Niyonzima Moise
TANGA IGITEKEREZO