Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda Martin Ngoga, atangaza ko u Bufaransa ntacyo bukora mu gufata abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko hari benshi bakidengembyayo kandi bashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda.
Mu kiganiro Martin Ngoga yagiranye na Jeune Afrique dukesha iyi nkuru, atangaza ko u Rwanda ruzakomeza gushakisha umuntu wese ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Yagarutse ku myanzuro ibiri Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwafashe umwaka ushize, ivuga ko u Bufaransa bwakomeza gucumbikira Agathe Habyarimana wahoze ari umugore wa Habyarimana Juvenal wari Perezida w’u Rwanda.
Undi mwanzuro urukiko rwafashe ni ukutohereza babiri mu bari abayobozi bakuru mu Rwanda igihe cya Jenoside, ari bo Hyacinthe Nsengiyumva na Vénuste Nyombayire na bo bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside.
Yongeyeho kandi ko n’amadosiye TPIR yahaye u Bufaransa ngo buzikurikirane, iya Wenceslas Munyashyaka n’iya Laurent Bukibaruta, hashize imyaka irenga itanu nta kirakorwa. Ibyo ngo bikaba bigaragaza uburyo bwo kubakingira ikibaba.
Abajijwe icyo atekereza kuri iyo myanzuro, Ngoga yagize ati ”Urukiko rwabifashe nk’aho gusaba ko bakoherezwa mu Rwanda byaba bishingiye ku mpamvu za politiki, nyamara si byo, ahubwo u Bufaransa bugomba kwibuka ko ari cyo gihugu kitaragira n’umwe kiburanisha.”
Yongeyeho ati ”Ibyifuzo byacu biramutse bishingira kuri politiki, TPIR ntiba yarohereje bamwe mu nkiko z’u Rwanda, ahubwo u Bufaransa ni bwo bushingira ku mpamvu za politiki bigatuma butabohereza.”
Abajijwe niba asanga inkiko zo mu Bufaransa zitigenga, Ngoga yashubije ati ”Impamvu ni iyo nta yindi. Mu myaka 18 yose ishize ntacyo u Bufaransa bwakoze ngo bufate abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside, ahubwo bwarabacumbikiye.”
Ku kibazo kirebana n’uko bamwe mu bahoze bafungiye mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, barimo Protais Zigiranyirazo musaza wa Agathe Habyarimana, watsinze urubanza ndetse akaba ashaka ubwenegihugu mu Bufaransa, Ngoga yagize ati ”Nta gitangaza kirimo kuba yakwemererwa kuhaba, kuko n’abatarigeze bajya imbere y’ubutabera na rimwe bahaba. Ibaze noneho uwatsinze urubanza uko byagenda n’ubwo haba hari abakijurira.”
Gusa, Ngoga yavuze ko n’ubwo baba badashimishijwe n’imikirize y’urubanza, Zigiranyirazo aramutse aje mu Rwanda ntabwo yakongera gukurikiranwa, kuko bakurikiza imyanzuro y’urukiko.
Benshi mu barangirijwe imanza ntibemererwa kurenga Arusha, bitewe no kutagira inzandiko z’inzira nyamara banga kuza i Kigali kuzifata, Ngoga avuga ko atabona impamvu bataza, agasanga bagomba kugaragaza ikibazo bafite.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
|
Kigali : Urusimbi rwamuriye moto ya Miliyoni imwe, none ararira ayo kwarika
18.05.2013 |
|
Kigali : Abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye barinubira ibihano byo gukubitwa inkoni
18.05.2013 |
|
Ese koko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bizajya bikorwa nyuma y’imyaka itanu ?
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |