IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Rusizi : Perezida Kagame yasabye abaturage kwihutisha ishoramari


Yanditswe kuya 18-01-2013 - Saa 15:24' na Olivier Rubibi

Ubwo Perezida Paul Kagame yasozaga uruzinduko yagiriraga mu Ntara y’Iburengerazuba, yasabye abaturage gufasha ishoramari kwihuta.

Perezida Kagame yabitangaje mu nama yagiranye n’abaturage bari bateraniye kuri sitade ya Rusizi i Kamembe.

Yasabye abaturage kuba aba mbere mu gufasha abashoramari kuza gukorera iwabo. Ati “Rusizi na Nyamasheke ni Uturere dukize, ariko ubukungu dufite burakorerwa, ntabwo wakwicara ngo ubukungu bukwizanire.”

Ikindi kandi, Umukuru w’igihugu yagaragaje ko utwo turere bafite n’andi mahirwe aruta ay’utundi turere tw’u Rwanda, yo guhahirana n’ ibihugu bihana imbibi natwo (Congo Kinshasa n’u Burundi).
Ati “ Aya ni amahirwe mufite abandi badafite ntazapfushwe ubusa. Abanyarwanda dukomeze kugira umuhate wo gukora no gushyira hamwe.”

Perezida Kagame yasabye abikorera kongera umuhate bakuzuzanya, Leta nayo ikabagezaho ibituma bakora neza.
Ati “Inzego za Leta tuzakora uko dushoboye dukomeze kongera ingufu z’amashanyarazi, kandi turifuza ko umuriro n’amazi byagera kuri buri munyarwanda wese.”

Yagaragaje ko Leta itatererana abashoramari, ati “Abikorera ni abantu bacu tugomba kubasunika bakagira aho bagera heza.”
Uhagarariye abikorera, Gilbert Habyarimana, wasabye ko Leta yabafasha hoteli y’inyenyeri eshanu yatangiye kubakwa muri Rusizi ikuzura, Perezida Paul Kagame yavuze ko iyo hoteli ibikorwa byo kuyubaka byakwihutishwa, kuko Akarere nka Rusizi katabaho katagira hoteli.

Imbaga y'abaturage yari yaje kwakira Perezida Kagame

Perezida Kagame yongeye kwibutsa ko ibikorwa byose bigomba gushingira ku mutekano, ati “ Umutekano ni ishingano ya buri Munyarwanda wese . Ntihazagire umuntu n’umwe wihanganira umuntu wahungabanya abashora imari n’abikorera babikora bafite umutekano.”

Uruzinduko Perezida Paul Kagame yagiriraga mu Ntara y’Iburengerazuba yarutangiye kuwa Gatatu asura Akarere ka Nyamasheke na Rusizi.

IBITEKEREZO
Mu gihe abanyamahanga bihutira kugira icyo bavana mu ihuzwa ry'ibihugu bimwe na bimwe abanyarwanda bo turacyaseta ibirenge nkaho aya mahirwe arebana n'abanyamahanga gusa. Ukoze ubushakashatsi muri RDB bakakubwira abanyamahanga binjira mu Rwanda bazanywe no gushora imari mu Rwanda ukabagereranya n'umubare w'abanyarwanda bajya gushora imari mu mahanga umubare munini ni uw'abanyamahanga. Nyakubahwa Kagame Paul yagize kwibutsa abaturage ko bakwiye kwihutisha ishoramari. Kuki abanyarwanda batari bizera umutekano wo gushora imari yabo mu mahanga ? Ntarugera François
Musubize19.01.2013 saa 04:04
Ntarugera François
Nyakubahwa,uragahora usura uturere kuko iyo uje ibibazo byinshi birasubizwa,amashanyarazi aho yazimye araka,imihanda igakorwa,bigaragara ko bagutinya kubera ko uri inyangamugayo kandi imvugo niyo ngiro. Komera turagushyigikiye.
Musubize18.01.2013 saa 09:22
makagene
Mubyukuri President Paul Kagame ni umugabo pe kuko iyo urebye uburyo akora uko ashoboye kugirango abanyarwanda dutere imbere muri rusange atitaye kubwoko runaka nkuko byahoze ahubwo ukabona we Target ye ari uguteza imbere u Rwanda ndetse n'abanyarwanda nukuri usanda ari ibintu byiza kandi bidashoborwa na bose. gusa Imana ishimwe kuko yaduhaye President mwiza kandi ushoboye.
23.01.2013 saa 08:21
Rubayita

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!