Umugore witwa Kalimunda Siperansiya arwariye kuri Poste de santé ya Kanama mu Murenge wa Kanama, Akarere ka Rubavu, bitewe no gukubitwa bikomeye n’abaturage bamukekaho kuba yararoze umuryango w’abantu 6, bane muri bo bagapfa.
Abapfuye bose ni abo mu muryango umwe w’uwitwa Nkizinkiko Habinshuti. Abandi babiri baracyavurwa.
Abaturage bashinja Kalimunda Siperansiya w’imyaka 50 ko ariwe wakoze iryo bara ; nubwo abihakana.
Kalimunda yabwiye Ikinyamakuru Izuba Rirashe ko atari we waroze aba bantu 6 ; ariko yemerera ko asanzwe yumva bamushinja kuba umurozi.
Nubwo bivugwa ko ari amarozi, biracyagoye kwemeza ko abapfuye ari yo bazize , ariko umwe mu baganga gakondo wemewe n’amategeko witwa Nyirambazuruvugo Thasiyana wakiriye aba barwayi rugikubita, yatangarije ko yasanze abapfuye barazize amarozi ; ndetse ngo yamenye ko ubwo burozi bwashyizwe mu byo kurya uwo muryango wariye.
Uyu muvuzi gakondo wo mu mudugudu wa Nyamuremure ; mu Kagari ka Mahoko ; ndetse n’abo mu muryango wa Nkizinkiko Habinshuti bavuga ko ubu burozi bwatangiye kumenyekana ku wa 7 Mutarama 2013 ; ari nabwo abarwayi bahise bajyanywa kuri uyu muvuzi gakondo, ariko batatu bahita bitaba Imana harimo n’umugore wa nyir’urugo (Nkizinkiko).
Mu gitondo cyo ku wa 14 Mutarama 2013 ; nibwo nyir’urugo witwa Nkizinkiko Habinshuti nawe yitabye Imana.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburengerazuba, Spt Mwiseneza Urbain, kuri telephone yatangarije ko Izuba Rirashe ko bidakwiye kwihutira kujyana abarwayi ku bavuzi gakondo ; aho kubajyana ku buvuzi bwizewe ; ndetse anavuga ko icyaha cy’uburozi iyo gihamye umuntu ahanishwa igifungo cya burundu.
Mu gihe ukekwaho kuroga akomeje gukurikiranywa n’abaganga, abamukubise nabo bari gushakishwa ngo bakurikiranwe mu rwego rw’amategeko.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |