IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Perezida Kagame arasaba ko nta mahirwe yo gutera imbere yapfushwa ubusa


Yanditswe kuya 17-01-2013 - Saa 15:19' na OlivieRubibi

Perezida Paul Kagame yasabye abaturage ba Rusizi gukoresha imbaraga zose kugira ngo ibyo u Rwanda rufite bibyazwe umusaruro, asaba ko ibishobora gutuma iterambere ryihuta byakwitabwaho.

Mu kiganiro yagiranye n’abaturage mu murenge wa Nyakabuye Akarere ka Rusizi, yatanze urugero rw’ukuntu hari amahirwe amwe apfushwa ubusa, ati “Ntabwo byumvikana ukuntu umuntu yaba afite amashyuza akabura amashanyarazi !”

Perezida Kagame kandi yibukije abaturage ko hari amahirwe yo gutera imbere, iyo bashyize hamwe, ati “Hakenewe ubwuzuzanye hagati y’Abanyarwanda, dushyigikiye amakoperative kuko ahuza abantu benshi, imbaraga za Leta zikabona aho zihera zibunganira.Ubukungu bwiyongera iyo abantu bafite uko bakorana neza.”

Perezida Kagame yasabye abaturage ba Rusizi gukomeza kurinda umutekano kuko nawo uramutse ubuze nta cyagerwaho.

Ati “Ntimuzihanganire umuntu wese washaka kubahungabanyiriza umutekano... Hari abantu benshi baba bafite umugambi wo kuwuhungabanya, ariko aho u Rwanda rugeze n’aho rwavuye ntabwo twakwihanganira umuntu washaka kuduhungabanyiriza umutekano kirazira.”

Mu guteza imbere ubuhinzi, Perezida Paul Kagame yavuze ko hagomba kwimakazwa guhinga by’umwuga kandi bigaherekezwa no kurya neza, bwaki mu Rwanda ikaba ikizira.

Perezida Kagame yumva ibibazo by'abaturage akanabagira inama uko bikemuka i Rusizi
IBITEKEREZO
YOU ARE GOOD PRESIDENT IN AFRICA
Musubize18.01.2013 saa 02:32
CELESTIN
Atanga urugero rwiza his excellence nibaza ko nabandi bayobozi bakamwigiyeho imana ikomezi imujye imbere umuyobozi mwiza atuma nabo ayoboye baba beza
Musubize18.01.2013 saa 01:12
JADHO
Ismael we buriya ngo iyo imana yaguhaye iraguha nizerantashidikanyako imana yaduhaye umuyobozi nkuyu ntacyo itazaduha nkabanyarwanda. Gusa musenge kuko abanzi bibyiza ntaho bagiye.
Musubize18.01.2013 saa 00:03
M24
Turamusaba ko abantu babariwe ngo bazishyurwe amafranga y'aho umuhanda uzanyura byanyuzwa mu mucyo mu gice kigiye gutangira(Kibogora-Mugonero). Ntabwo byumvikana ukuntu abantu babarirwa ibintu byaBO NTIBAMENYESHWE AYO BAZAHABWA NIBARAMUKA BASENYEWE hanyuma bakabaka konti zabo ngo bazashyiraho amafranga atazwi ? Ibyo ntabwo bisobanutse na gato.Azaboneka ryari ?Akarere ko atariko kubaka umuhanda kajya muri ibyo bikorwa gute ? Baretse abashinwa bakubaka umuhanda hanyuma bakariha abantu ibikorwa byabo bizangizwa naho uzanyura ?
Musubize17.01.2013 saa 15:33
Gilbert Nshamiyimana.
Ngewe ndashimira Rurema waduhaye ummuperezida ukunda igiihugu cyiwe , ngewe imyaka maze kwisi nta muperezida nari nabona cyangwa numvise uvuga ibintu akabisyira mubikorwa nka Nyakubahwa perezida KAGAME PAUL. nawe se reka mbe umugabo wo kubihamya, yadusuye INYAMASHEKE aho hantu hahoze ari mucyahoze comine GAFUNZO , GATARE , RWAMATAMU utibagiwe na GISHYITA. twari twarajujubijwe ningoma zose zamubanjirije, nawe abatubanjirije bigeze baka umuhanda wa kaburembo NTENDEZI (CYANGUGU) ,KIBUYE
Musubize17.01.2013 saa 12:31
ISMAEL
Nukuri Imana ijye ihira Muzehe wacu, kuko ubwenge afite yabuhawe n'Imana kabisa. Bravoooo ! Banyarwanda, twiheshe agaciro, twubaka ejo hazaza. Ese mujya mwibuka gusenga musabira Igihugu cyacu ?
18.01.2013 saa 00:14
kalima

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!