Mu gihe hari hashize iminsi itageze no ku 10, inkongi y’umuriro yibasiye inzu y’urubyiniro ya Cadillac, kuri uyu wa Mbere inkongi y’umuriro yatwitse urusengero rwa ADEPR ruherereye ku Kinamba, mu Kagari ka Kamutwa, Umurenge wa Kacyiru mu Karere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali.
Amakuru dukesha Kigali today avuga ko iyi nkongi yafashe uru rusengero ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Ugushyingo 2012, yahereye mu gisenge hejuru ahakorera abapasiteri n’abandi bashinzwe imirimo muri urwo rusengero.
Amakuru dukesha umwe mu bayobozi b’itorero, Murera Venuste yavuze ko umuriro wabanje kubura, nyuma uje ukajya waka ugenda wiyongeza unagabanyuka kugeza ubwo umwotsi watangiye gucumba mu biro hakurikiraho umuriro.
Umuyobozi wa Korali Jehovanisi, Uwimana Mediatrice yatangaje ko bimwe mu bicurangisho bitari gukora kuko umuriro wabisatiriye cyane.
Mu byangijwe n’iyi nkongi harimo intebe n’ibikoresho bya muzika abaririmbyi bakoreshaga, ahasengerwa na ho hari hamaze gufatwa ariko ku bufatanye bwa Polisi n’abaturage babasha guhosha iyi nkongi.
Ibirebana n’uko iyo nkongi y’umuriro yaba yatewe n’umuriro w’amashanyarazi EWSA ntirabyemeza.
Amakuru dukesha bamwe mu bayobozi b’urwo rusengero ni uko rutagira ubwishingizi.
Ubwo Cadillac yashyaga bamwe ntibatinye kuvuga ko ishya rya hato na hato ry’utubyiniro riterwa ngo n’ibihakorerwa bidahesha Imana icyubahiro, aha ariko umuntu akaba yakwibaza noneho niba bikorerwa no mu rusengero.
Inkuru bifitanye isano :
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |