Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudan mu Ntara ya Darfur zashyikirije abaturage b’ahitwa Zalingei ishuri zubatse hamwe n’ibikoresho bazifashisha mu gutanga uburezi.
Ibyo bikorwa byakozwe n’ingabo z’u Rwanda byatewe inkunga n’ingabo za Loni zibungabunga amahoro muri Sudan (UNAMID).
Ingabo z’u Rwanda zubatse ibyumba bine by’amashuri n’ibyumba bine by’ubwiherero by’ishuri ribanza riri mu nkambi ya El Salam.
Usibye ishuri ryatanzwe, ubuyobozi bwaryo bwashyikirijwe ibikoresho by’ishuri ribanza ryo mu nkambi ya El Salam, bigizwe n’utubati, ameza, intebe z’abanyeshuri n’abarimu, amakaye, ibitabo, ingwa n’amakaramu.
Ingabo z’u Rwanda kandi zanamuritse urukuta rwa 80mx79m ruzengutse ishuli ry’amashuri y’isumbuye ryitwa "El Zahra secondary school" zubatse.
Nk’uko ingabo z’u Rwanda ziri i Darfur zibitangaza, Lt Col Christophe Rutaremara yerekanye ibikorwa byakozwe n’ingabo z’u Rwanda, yatangaje ko ingabo z’u Rwanda zagize ubwitange bwo kubaka ayo mashuri, byiyongera ku kazi bashinzwe ko kubungabunga amahoro.
Ati “Mu shingano nyishi twari dufite twongeyeho no kwita kuburezi muri zone dukoreramo.”
Ubuyobozi bw’Intara ya Darfur bwahagarariye Minisiteri y’uburezi y’icyo gihugu, hamwe n’abakuru ba UNAMID bashimiye ingabo z’u Rwanda zashyize mu bikorwa imishinga yari iteganyijwe gukorwa, yo kubaka ibyumba by’amashuri, ubwiherero n’urukuta ruzengurutse ishuri rikuru rya El Zahra.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |