Saa tanu n’igice z’amanywa yo kuri uyu wa Mbere tariki ya 11 Mutarama 2021, nibwo iyi gerenade yabonetse mu rugo rw’umuturage.
Iyi gerenade yabonywe n’abantu bari barimo gukura igitaka mu rugo rw’uwo muturage.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabanda, Mugambira Etienne, yemereye IGIHE iby’aya makuru.
Yagize ati “ Bayibonye mu rugo rw’umuturage ubwo bari barimo kuvangura igitaka n’amabuye.”
Yavuze ko inzego zishinzwe gutegura ibisasu zahise ziza kuyitwara anaboneraho gusaba abaturage kujya birinda gukinisha ibintu cyane cyane by’ibyuma batazi.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!