Kuri uyu wa Gatanu hategerejwe kumvwa inzitizi zitangwa na Rusesabagina zituma adashobora kuburana mu mizi.
Uru rubanza ruri kuburanishirizwa mu cyumba cy’Urukiko rw’Ikirenga ruri ku Kimihurura mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus.
Rusesabagina Paul wabaye Umuyobozi w’Impuzamashyaka ya MRCD ufite Umutwe w’Ingabo wa FLN wagize uruhare mu bitero byagabwe ku Rwanda bikagwamo abaturage b’inzirakarengane mu bihe bitandukanye, yanagaragarije urukiko ko hari indi mbogamizi ikomeye ituma ataburana mu mizi.
KURIKIRA UKO URUBANZA RURI KUGENDA:
Gatera Gashabana ntiyabonetse mu rukiko
Gatera Gashabana wunganira Rusesabagina yandikiye Urukiko amenyesha ko ataboneka mu rukiko kubera urundi rubanza afite mu Mujyi wa Arusha muri Tanzania.
Rusesabagina yunganiwe na Me Rudakemwa Felix.
Urukiko rwasuye gereza rureba uko Rusesabagina afunzwe
Nyuma y’ibiganiro byahuje urukiko, Rusebagina n’abunganizi be, abayobozi ba gereza, urukiko rwabonye ko hari ibigomba gukosorwa birimo uburyo afashwa mu gutegura urubanza rwe.
Bitewe n’ubunini bwa dosiye, akwiye guhabwa imashini izashyirwamo dosiye, ndetse agahabwa igihe gihagije cyo gutegura urubanza rwe.
Urukiko rwanasabye ko inyandiko za Paul Rusesabagina zirebana n’urubanza zitajya zifatirwa ariko inyandiko zindi zajya zikorerwa urutonde rugahabwa ubuyobozi bwa gereza.
08:30: Perezida w’Inteko iburanisha, Muhima Antoine atangiye iburanisha avuga ko uyu munsi humvwa ubwiregure bwa Paul Rusesabagina.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!