Auxillia Mnangagwa yasabye abandi bagore kwifatanya nawe muri aya masengesho yatangiye kuri uyu wa Kane akazayarangiza ku wa Gatandatu. Yasabye kandi abagore kuba ku ruhembe rw’ibikorwa byo kwirinda COVID-19 mu ngo zabo.
Kugeza ubu Zimbabwe ni kimwe mu bihugu byibasiwe cyane na COVID-19 muri Afurika, aho imaze guhitana abantu 879 barimo na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga hamwe n’Ubucuruzi, Sibusiso Moyo, wapfuye mu minsi ishize. Abamaze kwandura iki cyorezo muri Zimbabwe barenga ibihumbi 29.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!