Amatora ya Perezida muri Uganda yabaye kuri uyu wa Kane, aho miliyoni 18 z’abiyandikishije kuri lisiti y’itora bazindukiye ku biro by’itora ngo bahitemo uzabayobora mu myaka itanu iri imbere.
NTV Uganda yatangaje ko kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, ku rwego rw’igihugu, ibiro by’itora 8310 aribyo byari bimaze kubarura amajwi, ni ukuvuga 23.9 % by’ibiro by’itora byose.
Uretse Museveni uri imbere mu majwi na Kyagulanyi umugwa mu ntege, abandi bakandida baza hafi ni Patrick Oboi Amuriat w’ishyaka FDC ufite na Joseph Kabuleta wigenga.
Amajwi amaze kubarurwa ni make cyane ugereranyije n’umubare w’abatoye mu gihugu hose, ku buryo isaha n’isaha imibare ishobora guhinduka.
Amatora yo muri Uganda yabanjirijwe n’imvururu zahitanye abagera kuri 50. Perezida Museveni umaze imyaka 35 ku butegetsi ari gushaka manda ya gatandatu.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!