Umuvugizi w’Ingabo za Loni muri Sudani y’Epfo, Stéphane Dujarric, yabwiye AFP ko abo basirikare igihe bagombaga kumara muri Sudani y’Epfo cyari kirangiye, hakenewe abandi babasimbura.
Ni abasirikare 196 bagombaga gusimbuzwa ariko 15 muri bo basabye Loni kuba bagumye muri Sudani y’Epfo.
Dujarric yagize ati “Turi gushaka amakuru arambuye ariko twumvise ko 15 bahisemo kuturira indege ku kibuga cy’indege cya Juba. Basabye kuhaguma.”
Mu Ugushyingo 2020 Ingabo z’ishyaka TPLF ryayoboraga Tigray zagabye ibitero ku birindiro by’ingabo za Leta, nyuma y’uko abayobozi b’iyo ntara bashwanye n’ubutegetsi bwa Minisitiri w’Intebe, Abiy Ahmed.
Ibihumbi by’abaturage bivugwa ko byaguye muri iyo mirwano, mu gihe abagera kuri miliyoni ebyiri bavuye mu byabo.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!