Icyateye urupfu rwa Yasser Arafat cyashyizwe ahagaragara


Yanditswe kuya 5-07-2012 - Saa 09:04' na Habimana James

Nyuma y’imyaka umunani , uwari Perezida wa Palestine Yasser apfuye urupfu rwe rukaba rutari rwamenyekanye, ndetse n’ibimenyetso byo kwa muganga byakorewe mu bitaro by’i Paris mu Bufaransa bikaba ntacyo byagezeho, abenshi bavugaga ko yaba yarazize indwara ya kanseri, abandi bakavuga ko yazize indwara ya SIDA, ubu noneho icyamwishe cyashyinzwe ahagaragara, kuko ngo yishwe n’amarozi.

Mu iperereza Aljazeera yakoze, yerekana ko ibi byose abantu bavuze byari ibihuha, kuko uyu mu Perezida yari afite ubuzima bwiza kugeza yitabye imana Ku itariki ya 12 Ukwakira 2004.

Isuzumwa ryakozwe ryerekanye ko imyenda Yasser Arafat yambaraga, uburoso yakoreshaga gusukura amenyo ndetse n’imyenda yambaraga ku mutwe, byari birimo uburozi bwinshi bwo muri ubwo bwoko bwa polonium.

Iri suzumwa ryakorewe mu bitaro byo mu gihugu cy’u Busuwisi byitwa "Institut de Radiophysique Lausanne", byerekanye ko mu maraso ye, mu macandwe, ndetse no mu nkari ze harimo uburozi bwinshi mbere y’uko apfa. Ibi rero bikaba ariyo ntandaro y’urupfu rwa Perezida Yasser Arafat.

Nyuma y’iri suzumwa, Umugore wa Nyakwigendera Yasser Arafat witwa Suha Arafat, yasabye inzego z’ubuyobozi bwa Palestine kuvana umubiri w’umugabo we mu mva ashyinguwemo mu gace ka Ramallah kugirango hakorwe iperereza ryimbitse kurupfu rwe.

Uyu mugore wa Yasser Arafat yatangaje ko azi neza ko ubuyobozi bwa Palestine nabwo bushaka kumenya neza icyishe umugabo we, bityo akavuga ko bagiye kubafasha kuko kugeza ubu bafite ibimenyetso bihagije byerekana ko uyu mu Perezida yazize uburozi, nubwo kugeza ubu hataramenyekana igihugu cyaba cyarabigizemo uruhare, ariko harashyirwa mu majwi igihugu cya Israel ndetse na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

IBITEKEREZO
@ Kenny. Uyu mugabo ubanza azaba intwari kera. Ibyo wifuriza abandi bikugirirweho inshuro 1000. Muslims must wake up !
Musubize6.07.2012 saa 09:26
Abdullah
Muslims should sleep forever !
Musubize6.07.2012 saa 01:24
Kenny
Muslims should sleep forever !
Musubize6.07.2012 saa 01:24
Kenny
@ Sekidende nabandi batekereza nkawe, ntabwo kuba iyi raport y'iperereza isohotse hashize imyaka umunani bivuga ko aricyo gihereye ribereye. Kandi niba utekereza ko kuba uburozi bwarabonetse mumyenda ye ubwo bigomba kubazwa ababanaga nawe uribeshye cyaneeeee. Kuko iyo myenda ikugeraho ivuye muruganda bishoboka ko yaba ariho yashyiriwemo uburozi. Umuntu nkuriya ntiyambaraga imyenda iguzwe muri caguwa nkawe, ahubwo yakoreshwaga munganda bakeka ko zizewe kuko yari azi neza ko ashobora kurogwa.
Musubize5.07.2012 saa 12:33
Alice
ariko umuntu uzi ikinyamakuru cy'ibanda kubibera muri moyen orient ya kimbwiye ngakomeza kwisomera ,murakoze.
Musubize5.07.2012 saa 08:31
Fred
sha ndabona ushobora kuba utarasoma ibitabo birenze 1 ku buryo isi itegetswe kuva yaremwa. ushobora kuba wumva radio y'abatutage gusa ugasoma na bibiliya gusa, ukibwira ko wabonye ubumenyi. reka nkwereke aho wahera umenya ibyiyi si : http://www.facebook.com/isiyacu
Musubize5.07.2012 saa 06:41
the dragon
Maze kurambirwa nijambo rihora risohoka muri comments ngo Muslims must wake up !
Musubize5.07.2012 saa 05:54
heza
Ntibakabeshyere Israel na USA dore ko bagowe. Wasanga yararozwe na Swaziland ifatanije na Madagascar. Israel and USA are too civilised to do that. Kuki batinye kumwicisha isasu ? kuki yari asigaye ahabwa umwanya muruhando mpuzamahanga ? kuki mw'ishyingurwa rye hajemo abantu bakomeye kandi ubundi yaritwaga umu terroriste ? Kuki uwamusimbuye Mahmood Abbas n'ishyaka ryabo FATAH bahabwa umwanya muri UN kandi ari imitwe y'iterabwoba ? uwabasha gusubiza ibi bibazo, yamenya n'impamvu ubu Israel, USA, UK, Turqia biri gufasha Al Qaeda muri Syria. Nizereko aka ka message mukareka kagatambuka. Murakoze. Muslims must wake up !
Musubize5.07.2012 saa 03:31
Abdullah
Niba yararozwe koko ubwo byakozwe n'umuntu wabaga mu rugo kwa Yaser Arafat.Iyo myenda se n'uburoso bw'amenyo byapimwe hashize imyaka umunani byari bibitse he ? Ni mu nzego z'iperereza cyangwa byari bibitswe n'umugore we ?Aha harimo urujijo.
Musubize5.07.2012 saa 02:33
Sekidende

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!