Abo basirikare bavuze ko bihabanye n’amategeko agenga ikoreshwa ry’amazi muri Turikiya. Ni ingingo yateje impagarara mu gihugu.
Aljazeera yatangaje ko nyuma y’iyo baruwa yasinyweho n’abasirikare bakuru bagera ku ijana, icumi muri bo bamaze gufatwa.
Iyo baruwa yari yabanje kwamaganwa na Guverinoma ya Turikiya ivuga ko igamije gutanya abaturage no kubatera ubwoba, ibigereranya n’umwuka wari uhari mu myaka ishize ubwo hageragezwaga ihirikwa ry’ubutegetsi.
Uretse icumi batawe muri yombi, ubushinjacyaha bwategetsi abandi basirikare bakuru bane kwitaba Polisi bitarenze iminsi itatu, kuko kubafunga atari byiza kubera imyaka yabo.
Perezida Recep Tayyip Erdogan yijeje abaturage ko azasiga abubakiye ubunigo bugezweho buzafasha icyo gihugu mu bucuruzi. Ni ubunigo bifuza ko bwaba buruta cyangwa bungana n’ubwa Suez cyangwa Panama.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!