Uyu mupadiri witwa Habimfura Jean Baptiste w’imyaka 37, iki cyaha akekwaho cyakozwe mu mpera z’umwaka ushize.
Byabereye i Muhanga, mu Murenge wa Nyamabuye, Akagari ka Kavumu, Umudugudu wa Gitarama.
Umuvugizi w’Umusigire wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yabwiye IGIHE ko bamaze kumenya amakuru batangiye iperereza ari naryo ryaganishije ku itabwa muri yombi ry’uwo mupadiri.
Yagize ati “Twaje kumenya amakuru turabikurikirana. Aho Padiri yaje kubimenyera yaje guhunga tumufatira ku Rusumo.”
Umwana w’umuhungu wafashwe yari umukozi wo kwa Padiri aho yafatiwe. Uyu mupadiri nyuma yo gufatwa yafungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye, mu gihe dosiye ye iri gukorwa.
Icyaha cyo gusambanya umwana giteganywa n’ingingo ya 133, aho ivuga ko ugihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 20 ariko kitarenze imyaka 25.
Iyo gusambanya umwana byakorewe k’uri munsi y’imyaka 14, igihano kiba igifungo cya burundu kidashobora kugabanywa kubera impamvu nyoroshyacyaha.
Iyo gusambanya umwana ufite cyangwa urengeje imyaka 14 byamuteye indwara idakira cyangwa ubumuga, igihano kiba igifungo cya burundu.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!